Mukungiri maize flour (ifi yibigori ikorwa n’uruganda rwa Mukungiri).

 

Kuwa 6 kamena 2023 montjalinews yasuye Uruganda rutunganya umuceri rwa mukunguli MRPIC ikigo cy’ubucuruzi gifite TIN 102575232 kuva  kuwa 09 gashyantare 2012 ruherereye mu karere ka kamonyi- Mugina.

inyubako z’uruganda ziherereye i Nyamiyaga  ariko rugahuza Mugina,na Kinazi n’uruganda rufite amateka rwihariye amateka mu kurengera ibidukikije rukora ibicanwa mu bisigazwa by’umuceli  amakara ( briquette) zikoreshwa cyane mu magereza yo mu Rwanda. uru ruganda kandi rwaragutse kuko rw’ibarutse n’urundi rutunganya ifu y’ibigoli ‘MUMAF uruganda rw’ubatswe rutwaye akayabo ,hiyongeraho ibikoresho bigezweho.

Uruganda rutunganyirizwamo ifu y’igori ya Mukunguri.

Abanyamuryango ba COOPRORIZ Abahuzabikorwa biganje  mu kibaya cya  Mukunguli, bagize uruhare mu kwiyegereza ibikorwa remezo kugirango bahindure  imibereho myiza yabo. 

Bwana Evariste Nteziryayo aganira na Mont Jali News yagize ati” dufite ingamba zo kwihaza mu biribwa bagahahirana n’impande 4 z’igihugu isoko rikaguka bakajya mu ipiganwa rya EAC akomeza agira ati: ubu turitegura kujya mu imurika gurisha rizabera mu Murenge wa Runda ku Ruyenzi kandi n’ubushize twahakuye igikombe nubu niyo ntego yacu, twifitiye ikizere ku muceli Bita Buryohe, tukagira nundi uvanze bita  ordinaire, uko bya genda kose twishimira ibyo tumze kugeraho.Yunzemo ati” uru ruganda harimo imigabane ya Coproriz abahuzabikorwa,Ugama n’abandi ..kandi bose baranyuzwe, bifuza ko  umuceri  ubwinshi n’agaciro byiyongera ariko kuva mu myaka 12 ishize baracyataka kubera   ikibazo  cy’igihombo baterwa n’urugomero rwari rwubatswe na RSSP rusenywa  n’amazi y’umugezi wa Mukunguri wuzura bitewe n’imigezi ibiri  Urubeza n’urumanzi.  bigatuma abahinzi bahomba hafi miliyoni zisaga 228.00.000, n’ubutaka butwarwa n’isuri burenga gato HA 57 bigatuma uruganda rutabona umusaruro uhagije,hatirengagijwe imihanda mitoya ikikije igishanga usanga Atari nyabagendwa. Ku modoka zitunda umuceli.n’umusaruro ugatwarwa n’ibiza.

MRPIC ntabwo yacitse intege kuko barebye kure bagateze imbere amayaga afite ubutaka bwera cyane  bashinga uruganda rw’ibigoli MUMAF  ikaba yaramaze kubona umusaruro  aho ushaka ifu nziza agana uruganda agahabwa ibyo yifuza, aha twavuga ibigo by’amashuri n’ibindi.

Nteziryayo Evariste umuyobozi WA MRPIC Mukunguri.

Abaturage barwegereye bakomeje kongera ibinyampeke’Mu rwego rwo kongera umusaruro  Evariste Nteziryayo yatangarije MontjaliNews ko bafite umushinga wo kubaka isoko kubufatanye na Cooproriz Abahuzabikorwa isoko hagati muri centre ya Mukunguli, rizafasha abaturage kureka gukora ubucuruzi bw’akajagari,maze gahunda y’isuku no kurengera ibidukikije igahabwa ibikenewe , sibyo gusa kandi baguye amarembo bagerageza kuzamura koperative zidafite ubushobozi buhanitse m’urwego rwo kubafasha kubaka urugomero rw’amazi aho umuyoboro bakoze watwaye miliyoni 20, iyi Koperative y’abahinzi b’umuceli ikorera mu Murenge Musambira  COODARIKA yari ifite ikibazo cy’ingutu cyo kumisha umuceli mu gihe cy’izuba. Ubu abahinzi bakaba barashubijwe kandi ikaba yishyura uruganda neza.

Nkurunziza Evariste umuyobozi wa MRPIC Mukunguri ahuje  na Cooproriz  abafatanyabi,MININFRA,MIRENA,REMA,RSSP.MINICOM ,Minaloc,Akarere ka Ruhango na kamonyi, bakarebera kuko byarenze ubushibozi kandi izi nzego zose zifite ingengo ya bugenewe.  

Bagombye gusubiza amaso inyuma  bagakemura ikibazo kimaze imyaka 10 kitarabona igisubizo  kuko igihugu gifite ubuyobozi,umuturage yagize ati” iyo Ibiza  bibaye  ntawusigara inyuma baza kwifotoza. 

 

MRPIC Mukunguri ikaba ihaye ikaze aba client bayigana bifuza umuceli mwiza  wihariye uburyohe kandi uhendutse

mu rwego rwo kunoza service bajye babikora mbere.

 

                            Niyomubyeyi Clémentine 

             

 

Author

MontJali