Kamonyi: Hagati y’intara y’amajyepfo na Rwanda Mining Board ninde ufite igisubizo ku mutekano muke uterwa n’ibirombe bitagira ibyangombwa!
Dr Ivan TWAGIRASHEMA Umuyobozi wungirije (V-CEO)wa Rwanda Mining Board
A
baturage batangatanze igihazi bita Manudi Pilato cyatemye umumotari ku manywa yihangu barakigota bagishyikiriza ingabo z’u Rwanda zikambitse ku Cyeru cya Bugoba bafashe umwanzuro nyuma yo kuzengerezwa n’itsinda ry’umutwe wa abagizi ba nabi biyise Ibihazi ryambura rigatema abantu ku manywa y’ihangu,ibirego bigashyikirizwa inzego z’ubugenzacyaha,bikihisha iminsi mike bikongera bigatema abandi babigira akamenyero,abahohoterwa bafata umwanzuro wo kwifatira ibyo bihazi bigashyikirizwa inzego zumutekano zibegereye na RIB ,kuko ari itsinda ry’amazina adahinduka rikwepa ubutabera,kuko gutanga ikirego ari nko gukina rubito cyangwa agati bakizengurukaho,bitewe n’inkeragutabara ibyinisha muzunga inzego zigiye gushaka abagizi ba nabi ikabaha amakuru bagasanga byahunze.
Taliki ya 21 Mata 2023 uwita Emmanuel Niyonambaza bahimba Manudi Pilato bivugwa ko ariwe waruyoboye itsinda ry’umutwe w’abagizi ba nabi wiyise “ibihazi” ryatangiriye umumotari witwa Muhirwa Jean Baptiste ahagana saa kumi nimwe n’iminota mirongo ine 17h40 mu mudugudu wa Rugarama akagali Mwirute, agiye kumutema ijosi Imana iratabara. amutema mu Mugongo arakomereka.
Niyonambaza Emmanuel(Manudi pilato) yarikumwe na Sylivere Iyakaremye (bahimba seromba),Ndayizeye Jean Claude (Bahimba Bugigi),Ndahimana Théogene bahimba Kabubu, Joseph akaba ari murumuna wa Theophile Nshimiyimana akaba muramu wa Manudi n’abandi bataramenyekana,Induru zaravuze abaturage barahurura barabirukankana ariko barabacika ariko uwo mutwe w’abagizi ba nabi uzwi nk’ibihazi kuko ari abaturanyi b’uwo batemye akaba yaratunguwe no gutemwa n’abantu baziranye.
bamanutse ku gasozi Ka Binyeri bigiye kwambura abari mu birombe barakomera barabivudukana ,Manudi pilato wari warayogoje abaturage mu gihe bamusatiriye azamura umuhoro kongera gutemana ,bitabara umuhoro ngo umufata ikiganza awujugunya hasi,uko abaturage bavuzaga induru,ibihazi bitera abaturage amabuye abandi nabo babasubiza,muri urwo ruvunge rw’abaturage bo mu mirenge itandukanye ibuye rimufata kujisho no ku mutwe.bivugwa ko hari bamuteye umujugujugu w’umuhoro yiruka.
Abashinzwe umutekano nibo bamukuye mu nzara z’abaturage iyo batahagoboka bari kuhakura umurambo bitewe n’umujinya bari bamufitiye kubera gutema abantu abambura barabuze ayo bacira nayo bamira, hamwe imbwa z’impigi yagendanaga,hamenyekanye ko uyu mutwe w’abagizi ba nabi uyobowe na Théophile Nshimiyimana, wambaye umupira wumuhondo Bahimba Rambo, na Niyombaza Emmanuel upfutse ku kaboko (Manudi Pilato) akaba ariwe ushinzwe gushyira mu bikorwa ibikorwa gahunda n’ubwambuzi n’ubugome bw’ingeri zose , nibutsa ko bivugwa ko umwe ari muramu wundi, aba bayogoje Akagali ka gihara, biba bakomeretsa abaturage,ibijurano bakabihisha kwa Théophile Nshimiyimana akabagabanya amafaranga yavuyemo, ntabwo batinya inzego z’umutekano kuko Manudi aherutse no gukubita muruhame abapolisi babiri bo kuri station ya Rukoma bagiye kumufata arabacika, Dore ko bafite aba bacira ibico bakamenya aho inzego z’umutekano ziturutse. urugero rwa hafi bavuze nuko ukuriye inkeragutabara
Ubwo uyu Manudi yafatwaga, yahise ahamagara igihazi gikuru Théophile Nshimiyimana ukoresha tel 078747746 na 0781652997 uvugwa
ku italiki ya 14 Mata 2023 niwe uherutse kwigabiza ibirombe bya SRMC n’ibihazi bisaga 50 bijya gusibura ikirombe cyasibwe kubera
icyemezo cyafashwe n’urukiko rw’ibanze rwa Gacurabwenge n’abafatanya bikorwa bayo ku mpanuka yavuyemo urupfu rwa Ndayizeye
Jean de Dieu uyu akaba yaracitse ntagaragare m’urubanza,ari nawe washyizwe mu majwi, Ubwo abashinzwe umutekano wa kampani ya
SRMC ba bakumiraga ngo badasibura ikirombe cyasibwe Niyonambaza Emmanuel Pilato n’abagenzi bakubise kandi bakomeretsa
uwitwa Nsabimana Jean Marie Vianney umwe mu ba gapita bi kirombe nubu ntibarafatwa barakidegembya abaturage babwiye uyu Theophile bati “Manudi arafashwe” abatera urwenya
baravuga ngo barabimubwiye byeri yari afite iramucika yikubita hasi!! Bararebana bati” abaturage bagiye gufasha “RIB na Polisi akibihazi kashobotse kuko batangiye ikosora abaturage
bariruhutsa !!Nyuma yifatwa rya Niyonambaza Emmanuel abaturage bahuruye bashungereye basaba inzego z’umutekano ko Manudi yaraswa nkuko barasa abandi kuko yatemye abantu
benshi akanabambura !byavugwaga ko uyu mutwe ukorera mu birombe bitagira benebyo, ariko bimaze kugaragara ko bigabiza n’imitungo ya Company zifite ibyangombwa basenya, basahura,
bakubita abakozi bakanabakomeretsa.
Ubwo twateguraga iyi nkuru twamenye ko uyu mutwe w’abagizi ba nabi batemye uyu mu motari,ari nawo wakubise umukozi wa SRMC ku 13/4/2023 duhamagara Mbarushimana Jean Baptiste adusubiza ati “ Nibyo koko bagabye igitero muri company ya SRMC bashaka gusibura ikirombe twari twasibye twubahiriza icyemezo cy’urukiiko bahasanga abasekirite bane barimo
uwitwa Pascal Karemera n’abagapita ba company barabakubita kandi bakomeretsa Nsabimana Jean Marie Vianney twatanze ikirego turega Théophile Nshimiyimana ndetse na Niyonambaza
bari kumwe n’abantu basaga 50, ariko kugeza uyu munsi ntibarafatwa.Baracyashakishwa “ icyo gihe twatabaje inzego zumutekano n’ubugenzacyaba batugeraho batinze ariko baraje.
Uko abaturage babona umutekano muri rusange Umutekano abaturage bahamya badashidikanya ko ibihazi bidashobora gucika mu gihe bihabwa amakuru n’abashinzwe kubirwanya,
uwo bashyira mu majwi bukorana nabyo ni Ngendambizi Jean de Dieu (bahimba cumpas) ukoresha tel 0788536842 bagaruka kuri (Dasso ) ikorera ku Murenge ufite tel 0725609314 aribo mbuzi yabashikishwa ngo bibonere amaramuko.urugero batanze ni kuwa 21/4/2023 niwe watangaga amakuru bagiye gufata Emmanuel Niyonambaza a.k.a Manudi Pilato mbere na nyuma yifatwa rye.ahamagarana na Théophile kuri tel ntiyigeze abwira inzego z’umutekano ngo zimufate kandi azi nawe ko ashakishwa
Hari inzitizi abaturage bagarutseho y’ubukene bwa transport umuturage aratabaza bukamugeraho impitagihe kuko Umurenge wa Rukoma utagiraimodoka y’irondo, kandi ufite abaturage bifashije, na ba rwiyemezamirimo ngo bigurire imodoka yirondo nkuko ahandi bikorwa.basanga ibonetse ikibazo cy’abanyarugomo cyabonerwa igisubizo kuko yajya itabara badategereje umusada wa GACURABWENGE. Kuko akimuhana kaza imvura ihise.Ba rwiyemezamirimo , abacuruzi , nk’abafatanyabikorwa cyane ko abagira ibibazo mu birombe bafite ubushobozi, bayikenera bwa mbere kubera umutekano mukeya, n’abaturage bagashyiraho akabo .impanuka zihitana ubuzima bakabura uko bageza inkomere kwa muganga mu buryo bwihuse ibi nabyo abaturage barabigaya kuko company z’ubucukuzi bw’amabuye yagaciro zihabarurwa muri Rukoma babishyizemo ubushake bagura imodoka 1 umunsi umwe .Kubireba abaturage ubwabo bakifuza ko badakwiye guhishira umugizi wa nabi ubihishemo, kuko uhishira umurozi akakumara k’urubyaro.bagashima RIB,Ingabo na Polisi, ubufatanye n’ abaturage bagaragaje ubwo bashyiragamo imbaraga bagafata uwo mugizi wa nabi.
Amakuru yanyuma aturutse i Rukoma arahamyako ikindi kirombe gikoreshwa n’uwitwa Daniel Ukurikiyezu na Nzayisenga Jean Claude cyari icya SETEC ya Bizimungu Denys(yambuwe Ibyangombwa) cyahitanye uwitwa Nsengimana Jean Marie Vianney ku isaha ya mbiri mu gitondo .
nkuko twateruye tubivuga abaturage bakomeje kwibaza ese umurenge wa Rukoma ari mu Rwanda, cyangwa n’igihugu mu kindi,ubwo guverineri yasuraga umurenge wa Rukoma mu kagali ka Taba kuwa 26 Ukwakira 2021 abajijwe ikibazo cy’ibirombe yagize ati” mujya gukora yo iki muzi ko ntabyangombwa
bafite” umuturage ati” tujya gukorera amafaranga ntaburenganzira dufite bwo kubaza abakire ibyangombwa” natwe tukibazi imyaka yose ishize ahavuye habuze iki ngo Rwanda Mining board itange ibyangombwa abaturage bave mu gihirahiro, cyo gusonzera mu mutungo wabo, abandi bapfa urusorongo.,bagasigara ari ibisenzegere nta wubasha kugira icyo yikorera.,nubu bagihitanwa n’impanuka zibirombe,mu kwezi kumwe mu Ntara y’amajyepfo hapfuye barindwi mu birombe bitagira ibyangombwa babaza abayobozi ngo ntabwo bari babizi, ibyo byavugiwe i HUYEkuva kunzengoakagali,umurenge,akarere, n’intara itari ku ntera ndende yahoimpanuka yabereye ngo ntabwo bazi ko ikirombe kimaze imyaaka ine gikora, umuturage ati kazi kagora isaba, abadepite batowe n’abaturage bafite byinshi bakwiye gusubiza baheruka mu murenge w’iwabo biyamamaza ntibasubiza amaso inyuma ngo bamenye ikibangamiye abaturage.
Hagati y’intara y’amajyepfo na Rwanda Mining Board ninde ufite igisubizo ku mutekano muke uterwa n’ibirombe bitagira ibyangombwa, icyoroshye n’ukubisiba bitunze
abaturage ,byinjiza cyangwa gutanga ibyangomba ,abaturage kandi baratakamba ngo abashoramali boroherezwe kuko bibakiza bibafasha kubona imirimo yo gukora bityo bakabona imibereho.NABYO BIZAHAGURUTSE H.E PAUL KAGAME !?
MONTJALINEWS
MONTJALINEWS