shadow

Kamonyi-Ngamba: Umurambo w’umuntu watoraguwe ku nkombe z’uruzi rwa Nyabarongo kuwa 25 Ukwakira 2018

Kamonyi  imirenge ya Runda, na Rukoma ,imaze kuba irimbi ry’abagwagasi, yihariye umuhigo wo kuba ahantu hamaze kuba irimbi ry’abagwagasi  ikibazo cyaburiwe igisubizo ukuntu Akarere ka kamonyi ariho hamaze kuba ikimoteri cy’abantu bahotorwa ntibamenye  ababishe, bikarangira baje kujugunywa mu Karere  Kamonyi, ahabonetse iyo mirambo myinshi n’umurenge wa Runda ku   ishyamba rya  Sadi Baranyeretse mu  kabagesera    

                yatoraguwei  Runda-kabagesera mu ishyamb ryo Sadi Baranyeretse   

na  Rugalika, abajugunya iyo mirambo  ubu bahinduye icyerekezo bimukiye mu m’umurenge wa Rukoma  hatoraguwe  imirambo y’abagabo babiri bishwe banizwe nkuko aya makuru yatangajwe  n’ Igihe.com n’Intyoza.com, kuwa   19/10/2018, ndetse byemejwe na Umunyabanga Nshingwabikorwa  w”umurege wa Rukoma amakuru aturuka aho iyi mirambo yatoraguwe ahamya ko hafashwe amafoto n’inzego z’ubuyobozi ariko ntanimwe yashyizwe ahagarara ngo imirambo bene yo babe bayimenya ,yaba polisi cyangwa ubuyobozi bw’Akarere bube bwagaragaza isura ngo abantu bahererekanye amakuru uretse kuvuga ngo   basanze bambaye ubusa,kandi  basobekeranyije amaguru,nta photo yabo yagaragajwe ngo uwabuze uwe abamenye,iyi nkuru mbi yakurikiye izimira ry’umwalimu witwa Daniel w’igisha kuri Groupe Scolaire Isonga nawe wazimiye ava iwe muri weekend nubu umuryangowe ukaba warumiwe ariko umumotari wamuvanye iwe murugo akaba ntamakuru yahaye umuryango we nkuko bivugwa n’inshutize zahafi.

Abaturage baganiriye  bavugira mu matama batinda ku kibazo cy’umutekano kuko aho hantu hajugunywa iyo mirambo ni ku muhanda  nyabagendwa, ni hafi y’ingo z’abaturage kandi sinakure cyane y’ibiro by’Akagali,Kuva mu 2018 m’Umurenge wa Runda hamaze gutoragurwa imirambo ine.

        Umurenge wa Rukoma: ahatoraguwe imirambo yabagabo 2 Kuya 19 Ukwakira 2018

Ubwicanyi nkubwo ariko ubukozwe n’abaturage baho abishwe bakamenyakana,abaturage  baturiye iryo shyamba rya Kanyinya  abicanyi bahinduye  irimbi ry’abagwagasi bibaza uburyo baca mu ryahumye abashinzwe umutekano,irondo, ikindi gitangaza abaturage n’uburyo  aba mbere Babona iyo mirambo  bahora ari aba motari,bazindutse, icyo baba ikindi ukibaza bagiye gushaka mu ishyamba  muri urwo rukerera,witegereje ifoto y’ishyamba  batoraguwemo,wibaza icyo uwo mu motari yaragiye gushakayo,ndetse n’impamvu bagaragaje ishyamba ntibagaragaze isura y’abishwe,bakavuga ngo yari yambaye agapira hejuru nta bara,n’ibindi byatuma umuntu amenya umuntu we.

Kandi nta narimwe hari hakurakiraho inama zo kubwira abaturage ni abo bantu barabonye bene wabo,n’impamvu Kamonyi ariho bihariye umuhigo wo kugira abagwagasi benshi iki n’ikibazo gikwiye gushakirwa igisubizo twibutse ko ari nako AKarere  kavugwamo impfu nyinshi  mu turere tugize u Rwanda mu mpanuka z’ibirombe, abaziguyemo bakitwa abajura  ba mabuye y’agaciro, ntawitwa umukozi ngo umuryango we uhabwe impozamalira.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi n’inzego z’umutekano zikwiye gusobanurira  abaturage  niba abo bantu bamenyekana ari abishwe, ndetse n’ababishe.

Ikibazo cy’umutekano muri Kamonyi kigiye kuba ingorabahizi,uretse abaza kuhajugunya abapfu, hiyongeraho urugomo ,usanga ahahurira abantu benshi  ku ma Centre nka Ruyenzi,GIhara, mu Kaje mu Kabagesera,ibi byose bikururwa n’ibiyobyabwenge bihakorerwa,bya muriture, ndetse n’urumogi, bihacuririzwa,hiyongeraho utubari duhora dufunguye n’abasinzi ba baye imbata, batagira umulimo kandi batabura ayo banywera.

Bikageza nubwo abanyerondo biha ububasha bwo guca abaturage  amafaranga ngo basanze benga muriture barangiza bakayagabana bakumva ko ari ibisanzwe.

Ibi kandi byaje bikurikira umuturage Dasso w’Akagali ka Kabagesera yaciye amafaranga ibihumbi mirongo itanu,bigeze mu nzego z’ubuyobozi biba impfabusa, cyakora yarashyekewe asubiyeyo atambaye umwenda w’akazi agiye gushaka andi bamufata mpiri yahakuwe n’amasengesho akizwa n’amaguru.

Mpariye abasomyi  !

Mont Jali News.

 

Author

mont jali