Col Epimake Ruhashya yavutse 1939 atabaruka kuya 5 Gashyantare 2010,imilimo ye yanyuma yakoze yari umujyanama waa Minisitiri w’Intebe,agatabo ke ka Rucunshu yanditse ku mateka yaranze ingoma ya cyami kuva 1895.dukomeje ku bagezaho ibikubiyemo
U Rwanda rwarayenze, Amakimbirane yaravutse,
Biyambaza indagu,Bashakisha mu ntama,
Inkoko zisegurwa ubutitsa, Bashaka insinzi
Itsindira igihugu,Cyadutswe n’umwiryane.
Inzuzi zirirabure ze!Bitabaze abakurambere,
Bambaze ba mibambwe,Nyiramibambwe I Nyabadaha,
Watikijwe n’umuriro n’abaja be,I Mururu bise Buhima-Ndyalya,
Mutabazi I akagwa ku gasi,Ku “Mazimabi” umugezi wa Mushubati.
Mibambwe I watangaje,Yirotesha umwana urira
Yataye isaro ryamizwe n’inkoko,Ali amaco yo kurongora Matama,
Yubaka ku karambo ka Rukore,Akitera iwe Remera iy’Abaforongo,
Akica umugore n’abana,Ngo hato hatima umwana w’umwega
Basetsa Mibambwe Gisanura,Sekarongoro Rugabisha-Birenge
Yicishije Kamegeli urutare rucanye,Rukitwa urwa KAMEGELI
Akicisha Mikomanya igisuti cy’umusave,Nawe yarafashwe n’umufunzo,
Ukamutsinda I Ruganda rwa Bumbogo.
Basetsa Mibambwe Sentabyo,Warwanwe na GATARABUHURA,
Akibagirwa urushako,Uretse Nkenzabo yabyaye,K’umuhimakazi bahuye,
Na GAHINDIRO ka NYIRATUNGA,Agapfa bucike,Yishwe n’ubushita.
Kabare yejeje ize,Yiyegereje abe,Abashaka icy’Imana ishaka,
Cyagaragaye mu ndagu, Kwimika nyili Ubwami,Wasekewe n’abakurambere,
Ugaragiwe n’abagaragara,Uvuka mu ndili y’Abami.
Kwitegura byararangiye,Umunsi utazwi ,Utezwe nk’uw’igisambo
Kongorerana bihanze,Icumu ridafashwa hasi,Inkota yarafashwe mu bitugu,
Ibitotsi byarabasesereye,Kugoheka byaracitse.
Ibintu bicike
Umwami ari ku Rucunshu kwa RWATANGABO n’ingabo ze,
Ugushyingo guhereza ukuboza,Nta mwaka ushize Rwabugili atanze
Ku gica munsi,Inyana zisubiye iswa,Abana b’urwiririza,Bakina n’inzuki,
Batebanywa guhamya,Batera intobo imitiba,Bayirasa impiru,Rubanda rugandagaje,
Intwaro impande zabo,Rutarindwa yozwa.
Inzuki zisohoka imitiba,Zanura ababyagiye,Bakwira imishwaro,Imirindi irirangira,
Abo kwa kanjogera,Bitega igitero,Babambira mu mayira,Inkota zakuwe.
Bashyigashyiga Musinga,Nyina yambara ikizingo,Azinga igitero,
Bahumbya ubutitsa,Basetsa abakurambere,Bamurikirwa inka,
Bakirirwa amat,Baherezwa umwaka mushya.
Ingabo zirakacirana,Ziburamo ingamba Kaningu wo kwa Kabale,
Waje atabaye,Yiyemeje iyo ntambara,Yategerejwe kuva hambere,
Y’ubushake bw’Imana,Yanga kuyisibya.
Abahunzi b’inzuki,Abaabacumita mo icumu
Ati : “icyategerejwe kibe”Imyambi irarekwa
Yinjira igihumbi,Inkota ihabya amaboko,
Amacumu yahuranya imbavu,Amabuye yasa impanga.
Ingoma ijya ku karubanda,Ihamagara rubanda,
Gutabara umwami,Umurishyo uvanga n’induru,
Wikirizwa n’umuborogo ,W’abagore n’abasamba,
Hikubitamo amarira y’abana,Abahwera bahirita.
Imirambo ishashe RUCUNCU,Ihekeranye mu mayira,
Yabaye ibisure by’amaraso,Inzira ari umugende w’umwisheke,
Imwe yageshwe ibisabo,Indi nta mitwe,
Amara n’imitima,Bihunwahunwa n’imbwa.
Induru iba ndende ,Imilishyo yakiranya mu Gihugu
Buli wese yitabira impuruza,Yitwaza icyo ashyikiriye
Umuhoro-ikibando-icumu,Uhebye afata ibuye
Abahuruye barayoba,Batera uwo batabaye.
Mukadata-igihe Kabale,Uteganya ibizaba
Intumwa azikwiza hose,Mu masangano y’inzira
Bayobya abatabaye,Abahuruye basanga Kabale
Batera RUTARINDWA,Bazi ko bamuvuna.
Urwiririza ntirwigaye ubuke,Batinda gutabara
Bijihije urugamba,Ntibatinya ab’urwego
Kubasoka imisakura,Basakiza Kabale
Barwanira kwicoka mu nzu,Gufata mpiri MUSINGA.
Inshuro zibaye ebyiri,Birinda inkongi
Kanjogera ari hafi kwiyahura,Agiye gusogota umuhungu
Ingabo abatanyagwa za rwamanywa,Ziturutse ibudaha
Zisakara I RUCUNSHU,Ziyobwa nk’abandi.
Abatanyagwa batera uwo batabaye,Urwiliriza rushira ubukana,
Rwagabanyijwemo bamwe,Barukubita inkubi ,
Imyambi y’urubura irisesa,Kwa Rutarindwa barirunda,
Barwanira ku rugo,Akaruru ari kose.
Rutarindwa ari mu marembo,Umwami amuhita ku kibero,
Yikingira inkike,atererana ingabo,Umurego uracogora,
Kabala afata Musinga,Ajya imbere y’urugamba
Ati “Dore Umwami rubanda”.
Intambara irahagarara,Rutarindwa ata umutwe,
Yibonamo igicibwe,Ko Imana yamwanze,
Yamugabye abanzi,Yamutanze n’abe
Agira intimba,Yiheba buhere.
Yenda umugore n’abana ,Bitwikira mu nzu
Karara arabasanga,Bigilimana ntiyabasiga
Inzu bayihereza umuriro,Barasogotana
Barashya barayonga,Baba ivu mu rindi.
Ukw’inzu ishya,Ninako bayiyahuramo
Umutwa Semunkima,Intore y’urwililiza
Yinjiramo MPUNDU.Ati: “ Inyagira-bahunde ntiyansiga”
Abatsinze ba Kabale,Barwanira gusahura.
Basahura Kalinga,Yarigaswe n’umuriro
Icyumweru yahiye,Kibaye icya benshi
Umwami azagengwa.Butare irashya
Igihugu cyarajegajeze,Umuzunguyarinjiye.
Abapfuye ntibabarwa,Habarwa abasigaye
Abiru barashira,Begamiye Rutarindwa
Arapfa Rutikanga rwa ,Nkulikiyingoma,
Kibaba cya Ndungutse,Umulinzi wa Kalinga,
Muligo ahagwa ahunga.
Barashira impande zose,Arapfa Muvumbyi wa Muvumbyi wa Karambi
Umwiru-mucuzi ,Rwayitare rwa Rutishereka
Umwe mu ngangurarugo,Semakamba ya Shumbusho,
Gihanamusango cya,RUKANGABAYOMBE
Yagabanye NYAKARE.
KABALE atanga iteka,Aca amashyamirane
Bava ind’imwe bushyashya,Bashyashyana ubwira
Bahamba ababo,Ivu ryabaguye mu nzu
Rirundarundanwa ubwitonzi,Rishyingurwa mu nkangara.
Banga ingaruka mbi,Y’umuzimu w’Umwami,
Wiyahuje umuriro,N’abana n’umugore,
Akikijwe n’ingaboInkangara zijyanwa ishyanga,
Bazihamba MASISI.
Ingishywa z’abaguye RUCUNSHU,Ziremwa mw’ishyo “Insanga”
Zizakamirwa indushyi n’imbabare.
Musinga alima,Yimikirwa I Runda na Gihara
Izina ry’ubwami rirarushya,Banga kumwita MIBAMBWE
Nta waryiswe wahiriwe,Ubwiru bulimugena
Ali umusimbura wa Kigeli,Adakurikira Rutarindwa
Ibyo twabasomeye : biracyaza